GASABO: ABANTU 4 BAKURIKIRANYWEHO GUKORA NO GUCURUZA KANYANGA IGAHITANA ABANTU 17 BAYINYWEYE

Ubushinjacyaha ku Rwego Rwisumbuye rwa Gasabo bukirikiranye abantu bane bakekwaho gukora no gucuruza ikiyobyabwenge cyo mu bwoko bwa kanyanga. Mu baturage banyweye kuri iyo kanyanga, abagera kuri 17 bamaze kuhasiga ubuzima naho abandi 25 bakaba barembeye mu bitaro bya ADEPR Nyamata. 

Ibyaha bakurikiranyweho babikoreye mu Mudugudu wa Kavumu, Akagali ka Nyakayenzi, Umurenge wa Ngeruka mu Karere ka Bugesera. Abaregwa bafashwe n'inzego z'ubutabera  ku itariki ya 02 Gashyantare 2026.

Umwe mu baregwa akaba yarayikoraga, akanayiranguza abandi, akagira n’iyo abantu banywera iwe. Abaturage batandukanye banywereye kanyanga iwe ibatera ikibazo bajyanwa kwa muganga. Hamaze gupfa abantu bagera kuri 17 abandi 25 baracyari mu bitaro. Hapimwe ibyo abo bantu banyoye basanga birimo ikinyabutabire cyo mu bwoko bwa Methanol.

Abandi baregwa bafatanyije n’uwo wayikoraga harimo abahungu b’uwo mugabo babiri ndetse n’umugore wamuranguriraga kanyanga nawe akayigurisha ku bandi bantu, bose bakaba bemera ibyaha baregwa.

Abaregwa bakekwaho ibyaha bikurikira:

  • Icyaha cyo gukora ibikorwa byerekeranye n’ibiyobyabwenge cyangwa urusobe rw’imiti ikoreshwa nka byo, gitenywa kandi kigahanishwa ingingo ya 11 y’Itegeko n°69/2019 ryo ku wa 8/11/2019 riteganya ibyaha n’ibihano muri rusange.

  • Icyaha cyo guha umuntu ikintu gishobora kwica cyangwa gushegesha ubuzima; giteganywa kandi kigahanishwa ingingo ya 115 y’Itegeko n°68/2018 ryo ku wa 30/08/2018 riteganya ibyaha n’ibihano muri rusange.

Back