NYARUGENGE: ABAKURIKIRANYWE KUGIRA URUHARE MU IKORWA N’IKWIRAKWIZA RY’INZOGA ZITUJUJE UBUZIRANENGE BABURANISHIJWE

Urukiko rw’Ibanze rwa Kicukiro rwaburanishije urubanza, ku ifunga n’ifungurwa ry’agatenganyo, abantu 16 Ubushinjacyaha bakurikiranyweho kugira uruhare mu gukora, gucuruza, no gukwirakwiza inzoga zitujuje ubuziranenge. 

Abaregwa barimo abakozi 10 b’ Ikigo cy’Igihugu gishinzwe Ubuziranenge bw’ Imiti n’ Ibiribwa (Rwanda Food and Drugs Authority – FDA), bakekwaho Gukoresha ububasha bahabwa n’itegeko mu nyungu bwite; icyaha giteganywa n’ingingo ya 15 y’Itegeko № 054/2018 ryo ku wa 13/08/2018 ryerekeye kurwanya ruswa. 

Abaregwa kandi barimo abayobozi n’abakozi  bo mu masosiyete afite inganda ,bose hamwe 6, bakekwaho icyaha cyo Gukora, gucuruza, gukwirakwiza cyangwa kwinjiza mu gihugu ibintu bitujuje ubuziranenge cyangwa byakwangiza ubuzima giteganywa n’ ingingo ya 13 y’Itegeko № 059/2023 ryo ku wa 04/12/2023 rihindura Itegeko nº 68/2018 ryo ku wa 30/08/2018 riteganya ibyaha n’ibihano muri rusange.  

Urukiko rumaze kumva ikirego cy’Ubushinjacyaha n'abaregwa, rwapfundikiye iburanisha rushyira isomwa ry’urubanza ku itariki ya 01 Nzeri 2026 saa cyenda. 

Back