NYARUGENGE: UBUSHINJACYAHA BUKURIKIRANYE UMUGORE WAKUBISE UMWANA ABEREYE NYINA WABO BIKAMUVIRAMO URUPFU
Ubushinjacyaha ku Rwego Rwisumbuye rwa Nyarugenge bukurikiranye umugore w’imyaka 34 wakubise umwana abereye nyina wabo w’imyaka 11 bikamuviramo urupfu amukekaho kuba mu bihe bitandukanye yaramwibye amafaranga.
Icyaha akurikiranyweho cyakozwe ku itariki ya 23/12/2025 mu Mudugudu wa Gashiha, Akagari ka Kagina, Umurenge wa Kicukiro, mu Karere ka Kicukiro.
Mu ibazwa rye, Uregwa yemera icyaha akurikiranyweho. Avuga ko yakubise uyu mwana inkoni nyinshi amukekaho kumwiba amafaranga. Asobanura ko nyuma yo kumukubita, Umwana yarembye akamujyana kwa muganga, akamugezayo yarangije gupfa. Akomeza avuga ko nyuma yamujyanye iwabo mu Karere ka Huye akababeshya ko umwana yakoze impanuka agahita apfa.
Icyaha cyo gukubita no gukomeretsa byateye urupfu uregwa akurikiranyweho giteganywa kandi kigahanishwa ingingo ya 11 y’Itegeko nº 059/2023 ryo ku wa 04/12/2023 rihindura itegeko nº 68/2018 ryo ku wa 30/08/2018 riteganya ibyaha n’ibihano muri rusange.