RUBAVU: UBUSHINJACYAHA BUKURIKIRANYE ABANTU 41 BAKEKWAHO IBYAHA BIFITANYE ISANO NO GUKOPEZA ABANYESHURI
Ubushinjacyaha ku Rwego Rwisumbuye rwa Rubavu bukurikiranye abantu 41, barimo abarimu 34, abayobozi b’ibigo by’amashuri 6, ndetse n’umukozi ushinzwe uburezi mu Karere bakekwaho ibyaha bifitanye isano no gukopeza abanyeshuri mu ikorwa ry’ibizamini bya Leta bisoza umwaka wa 6 w’amashuri abanza 2025/2026.
Ibyaha bakurikiranyweho byakozwe guhera ku itariki ya 07 kugeza ku ya 09/07/2026 mu bigo by’amashuri bitandukanye biherereye mu Karere ka Rubavu, aho abakurikiranywe bakekwaho gukopeza abanyeshuri bagera ku gihumbi na magana atanu na cumi na batandatu (1,516). Mu ibazwa ryabo, abakurikiranywe bahakana ibyaha bakekwaho.
Abakurikiranywe bakekwaho ibyaha bikurikira:
Gukoresha ububasha uhabwa n’itegeko mu nyungu bwite; icyaha gitenywa kandi kigahanishwa ingingo ya 15 y’Itegeko n°54/2018 ryo kuwa 13/08/2018 ryerekeye kurwanya ruswa.
Guhimba, guhindura inyandiko cyangwa gukoresha inyandikompimbano; icyaha giteganywa kandi kigahanishwa ingingo ya 276 y’Itegeko No 68/2018 ryo kuwa 30/08/2018 itegeko riteganya ibyaha n’ibihano muri rusange.
Kumena ibanga ry’akazi; icyaha giteganywa kandi kigahanishwa ingingo ya 158 y’itegeko Nº 68/2018 ryo ku wa 30/08/2018 riteganya ibyaha n’ibihano muri rusange.